Nyuma yo gutsindirwa muri kimwe cya kabiri cy’iri rushanwa, iyi kipe yegukanye umwanya wa gatatu itsinze Villa SC yo muri Uganda ibitego bibiri kuri kimwe.
Nk’uko byari biteganijwe, ikipe ya gatatu yagombaga guhembwa ibihumbi bitanu by’amadolri ya Amerika. Ni ko byaje kugenda, iyi kipe ihabwa ariya mafaranga.
Nkuko tubikesha ibitangazamakuru byo mu Burundi, nyuma yo guhabwa aya mafaranga, mu ikipe ya Vitalo’o havutse ubwumvikane buke butewe n’uko abakinnyi bashakaga kuyagabana mu gihe uwari abayoboye witwa Kinshasa Christophe (akaba amaze iminsi atorewe kuba umunyamabanga mukuru wa Viatalo’o) yashakaga ko amafaranga ashyirwa mu isanduku y’ikipe agakoreshwa mu gukemura ibibazo by’ikipe.
Nyamara, ibitangazamakuru byo mu gihugu cy’u Burundi bivuga ko mbere y’uko ikipe iza gukina mu Rwanda, abakinnyi bari bemerewe kugabana amafaranga yose bazaba batsindiye mu irushanwa rya FPR.
Nyuma yo kubona ko Kinshasa adashaka kubaha ibyo bari bemerewe mbere yo kuza mu irushanwa, abakinnyi bafashe ku ngufu ibahasha yari irimo ayo mafaranga bahita bayagabana uko bari 20.
Ibi bitangaza makuru bikomeza bivuga ko Kinshasa yabuze icyo akora maze yiyambaza inzego z’umutekano z’u Rwanda nazo zihita zijya kuri Hotel Vitalo’o yari icumbikiwemo maze abakinnyi bategekwa gusubiza ayo mafaranga.
Abakinnyi n’abayobzi ba Vitalo’o barwaniye $ 5,000 batsindiye mu irushanwa rya FPR. Yanditswe kuya 22-12-2012 saa 06:35', na Augustin BIGIRIMANA Print Views: 87 Share on Facebook Share on Twitter Text Size Ikipe ya Vitalo’o yo mu gihugu cy’u Burundi ni imwe mu makipe ane yari yatumiwe gukina irushanwa ryateguwe n’umuryango wa FPR Inkotanyi hagati y’amatariki ya 15 na 18 Ukuboza mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 uyu muryango umaze ushinzwe. Nyuma yo gutsindirwa muri kimwe cya kabiri cy’iri rushanwa, iyi kipe yegukanye umwanya wa gatatu itsinze Villa SC yo muri Uganda ibitego bibiri kuri kimwe. Nk’uko byari biteganijwe, ikipe ya gatatu yagombaga guhembwa ibihumbi bitanu by’amadolri ya Amerika. Ni ko byaje kugenda, iyi kipe ihabwa ariya mafaranga. Nkuko tubikesha ibitangazamakuru byo mu Burundi, nyuma yo guhabwa aya mafaranga, mu ikipe ya Vitalo’o havutse ubwumvikane buke butewe n’uko abakinnyi bashakaga kuyagabana mu gihe uwari abayoboye witwa Kinshasa Christophe (akaba amaze iminsi atorewe kuba umunyamabanga mukuru wa Viatalo’o) yashakaga ko amafaranga ashyirwa mu isanduku y’ikipe agakoreshwa mu gukemura ibibazo by’ikipe. Nyamara, ibitangazamakuru byo mu gihugu cy’u Burundi bivuga ko mbere y’uko ikipe iza gukina mu Rwanda, abakinnyi bari bemerewe kugabana amafaranga yose bazaba batsindiye mu irushanwa rya FPR. Nyuma yo kubona ko Kinshasa adashaka kubaha ibyo bari bemerewe mbere yo kuza mu irushanwa, abakinnyi bafashe ku ngufu ibahasha yari irimo ayo mafaranga bahita bayagabana uko bari 20. Ibi bitangaza makuru bikomeza bivuga ko Kinshasa yabuze icyo akora maze yiyambaza inzego z’umutekano z’u Rwanda nazo zihita zijya kuri Hotel Vitalo’o yari icumbikiwemo maze abakinnyi bategekwa gusubiza ayo mafaranga. Ruhagoyacu iracyagerageza kuvugana n’ubuyobozi bwa Vitalo’o ngo imenye icyo buvuga kuri iki kibazo
No comments:
Post a Comment